GISAGARA: Meya Rutaburingoga yahaye umukoro abagize komite z’ibidukikije mu mirenge

Asoza aya mahugurwa ,Meya Rutaburingoga  yibukije abayitabiriye gahunda y’akarere ka Gisagara yiswe ‘’Gisagara igendwa’’ abibutsa ko Gisagara izagera ku ntego yo kuba igendwa igihe izaba koko ibereye ijisho. Ati:’’muri iyi gahunda dufite yo guteza imbere ekoturizime/ecotourism-ecoutourisme(ubukerarugendo bushingiye ku muco no kurengera ibidukikije),turasabwa kurengera ibidukikije mu buryo buhamye. Ibi rero bizashoboka igihe dufatanyije twese buri wese abungabunze kadndi akarengera ibidukikije aho ari,akorera,asengera,acururiza,…’’

Akomeza agira ati:’’ibi bikwiye kuba umwihariko kuri mwebwe muri mu nzego z’ubuyobozi,ni mwe musabwa byinshi. Murasabwa kubikora nk’abaturage b’abaturage,mukanabikora nk’abayobozi mutanga urugero rwiza.  Erega mujye mwibuka ko kwita ku bidukikije ari ukugirira neza abandi muturanye,ariko kandi nawe iyo neza ikakugarukira! Uyu munsi urigisha umuturanyi wawe cyangwa uwo uyobora gufata amazi yo ku nzu ye,ni byiza kuri we,ariko kandi nawe bizaba bikurinze kugusenyera cyangwa bikurinde isuri n’imyuzure y’imyaka ufite mu kabande. Uramushishikariza gutera igiti cyiribwa,ejo cyangwa ejo bundi imbuto kizera uzaziryaho uziguze cyangwa anaguhere  ubuntu. Ibyiza dutoza cyangwa dukorera abandi,natwe bitugeraho. Reka  aya magare muhawe,azagaragaze impinduka nziza muri uru rugendo turimo rwo kugira Gisagara itoshye kandi igendwa’’.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *